Icyo isi yakwigira ku Bakristo bake basigaye muri Gaza

Abakristo bake cyane ni bo basigaye muri Gaza, kandi amateka yabo y’imyaka hafi 2,000 akomeje gutera ikibazo gikomeye: ni iki cyatumye umuryango w’Abakristo waho ugenda ugabanuka kugeza aho babaye bake cyane?

Nk’uko Naji, Umukristo wakuriye muri Gaza, abitangaza, nyuma y’uko Hamas ifashe ubutegetsi bw’ako gace, Abakristo batangiye kurushaho gufatwa nk’abantu batandukanye n’abandi baturage.

Naji avuga ko mu mashuri abana b’Abakristo batangiye gutotezwa, bamwe mu banyeshuri bakabafata nk’abatazi idini cyangwa nk’abantu batagomba kuba muri uwo muryango. Mu mashuri yisumbuye, avuga ko Abakristo bari basigaye ari bake cyane.

Get Involved

Inkuru ya Naji igaragaza ko ivugabutumwa ry’ibitekerezo bikabije rishobora gutangirira mu bintu bisa n’ibisanzwe, nk’inyigisho abana bahabwa, ibiganiro byo mu miryango cyangwa mu matsinda y’amadini.

Iyo umwana yigishijwe ko umuntu wo mu w’undi mutwe w’idini ari mubi cyangwa adakwiriye kubana na we, iyo myumvire ishobora gukura ikabyara ivangura, urwango n’ubushyamirane.

Ibi byagize ingaruka ku muryango w’Abakristo bo muri Gaza, aho umubare wabo wakomeje kugabanuka. Ubu bivugwa ko hasigaye Abakristo bari hagati ya 300 na 400, mu gihe mu myaka yashize bari benshi cyane.

Inkuru y’Abakristo bo muri Gaza yerekana ko umuryango ushobora kutazimira mu munsi umwe. Bishobora gutangira umuryango umwe wimuka kubera umutekano muke, undi ugahitamo kujya ahandi kubera gutinya ejo hazaza h’abana babo, abandi bagakurikira bene wabo.

Amaherezo, insengero n’amateka bishobora gusigara, ariko abantu bayobokaga muri izo nsengero bakagenda babura.

Isomo rikomeye rikubiye muri iyi nkuru ni uko abantu b’amadini atandukanye bakwiye kwigishwa kubahana no kubona buri muntu nk’umunyamuryango w’umuryango umwe w’abantu, aho kumufata nk’umunyamahanga kubera ukwizera kwe.

Nkanjye umwanditsi wiyi nkuru nshimangira ko Umukristo wo muri Gaza atagomba gufatwa nk’umushyitsi, ahubwo ko ari Umunya-Palestine ufite uburenganzira bungana n’ubw’abandi.

Iyo kubahana no kwakirana bidashimangiwe, umuryango ushobora gutakaza buhoro buhoro umuco n’amateka byawo, kugeza ubwo hasigara inyubako n’amafoto gusa, ariko abantu bari basanzwe babiba mo bakaba baragiye.

More From Author

Amagambo ya Bishop Budde kuri Trump yubakiwe igishushanyo

Gisubizo Ministry igiye kwandikira amateka Camp Kigali mu gitaramo “Worship Legacy Season 7”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *