Nigeria: Nyuma y’ubwicanyi bwahitanye Abakirisitu 30, habaye Misa yo kubasezeraho

Abakirisitu 30 biciwe mu gitero cyagabwe n’abakekwaho kuba ari abarwanyi b’aba-Fulani mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026 mu mudugudu wa Naridon, muri Leta ya Kaduna, bashyinguwe mu mihango yabaye ku wa 1 Kanama 2026.

Ku wa 1 Kanama 2026, Imibiri y’Abakirisitu 27 bo muri Kiliziya Gatolika bishwe muri icyo gitero yashyinguwe nyuma ya Misa yo kubasezeraho yayobowe na Musenyeri Julius Yakubu Kundi. Ni umuhango witabiriwe n’abihayimana, abayobozi b’amatorero atandukanye ndetse n’ibihumbi by’abaririra ababo. Abandi Bakirisitu batatu bo mu matorero y’ivugabutumwa bo bari bashyinguwe mbere yaho.

Musenyeri Kundi yamaganye ubwo bwicanyi, avuga ko atari amakimbirane asanzwe ahubwo ari icyaha gikomeye, asaba ubutegetsi bwa Nigeria kongera ingamba zo kurinda abaturage. Yanahumurije imiryango yabuze abayo, ayishishikariza gukomeza kwizera Imana no kudacika intege.

Nk’uko umuryango Open Doors ubitangaza, mu bishwe harimo abagore 10 n’abana 11, barimo umwana w’imyaka itatu.

Imibare ya Open Doors igaragaza ko Nigeria ikomeje kuba igihugu cyica Abakirisitu benshi kurusha ibindi ku isi. Hagati ya Ukwakira 2024 na Nzeri 2025, Abakirisitu 3,490 bishwe bazira imyemerere yabo, bingana na 72% by’Abakirisitu bose bishwe ku isi muri icyo gihe.

More From Author

Impamvu 15 zishobora gutuma amasengesho yawe adasubizwa ako kanya, nk’uko Bibiliya ibyigisha

Ni ryari umuntu akwiriye gushaka?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *